BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Bugesera: Polisi yamufatanye moto, bikekwa ko yayibye atazi ko irimo GPS

Bugesera: Polisi yamufatanye moto, bikekwa ko yayibye atazi ko irimo GPS

admin
Last updated: October 3, 2022 1:53 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu karere ka Bugesera yafashe moto yibwe yo mu bwoko bwa TVS RF 436H.

Uyu wafatanywe moto, ashobora kuba atari azi ko ifite ikoranabuhanga rya GPS

Iyi moto yafatiwe mu rugo rw’uwitwa Frederick Rusanganwa ufite imyaka 38 y’amavuko, atuye mu mudugudu wa Gakoni, akagari ka Kamabuye, mu murenge wa Shyara.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko gufatwa kw’iyi moto, byaturutse ku makuru yatanzwe na nyiri yo nyuma yo kuyibura aho yari yayiparitse.

Yasize ayiparitse ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 30 Nzeri, 2022.

Ati: ”Twahawe amakuru na nyiri moto avuga ko abuze moto ye aho yari iparitse, ubwo yari ari mu kabari gaherereye mu murenge wa Ntarama, mu Kagari ka Kanzenze kandi ko yari ifite ikoranabuhanga rya GPS.”

SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko hahise hatangira ibikorwa byo kuyishakisha hifashishijwe GPS, moto iza gufatirwa mu rugo rwa Rusanganwa.

Saa mbiri n’igice zo kuri uwo mugoroba (20h00) nibwo moto yafashwe, uriya Rusanganwa ahita atabwa muri yombi.

SP Twizeyimana yashimiye nyiri moto watanze amakuru yatumye moto ifatwa, asaba abaturage gukomeza gukorana na Polisi y’u Rwanda bayiha amakuru ku gihe yatuma hakumirwa ibyaha no gufata ababikoze.

Yagize ati: “Abantu bakwiye gukora aho gutega amaramuko n’amakiriro mu kwiba. Hari imirimo myinshi umuntu yakora akiteza imbere aho guhitamo nabi yishora mu bujura bumuviramo gufungwa.”

Rusanganwa yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Ruhuha kugira ngo hakomeze iperereza mu gihe moto yari yibwe yamaze gusubizwa nyirayo.

 

Icyo itegeko rivuga

Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ni ingingo ya 166 y’itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

ISOOKO: RNP Website 

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?